Tariki ya 1 Gicurasi 2013, u Rwanda ruzifatanya n’Amahanga mu kwizihiza Umunsi Mukuru Mpuzamahanga w’Umurimo (Labor Day). Insanganyamatsiko y’uyu mwaka mu Rwanda iragira iti “ Duheshe Agaciro Umurimo, Turemera Abatawufite.”
Kuri uwo munsi mu Gihugu cyacu hazibandwa kuri Gahunda yo Kuremera imirimo y’Urubyiruko n’Abagore, kandi buri wese abigizemo uruhare.
Ku wa Gatatu, tariki ya 1 Gicurasi 2013, mu rwego rw’Igihugu, ibirori bizizihirizwa muri buri Kigo ahakorerwa imirimo cyaba Ikigo cya Leta cyangwa icy’Abikorera. Abakoresha n’Abakozi bazaganira ku cyatuma umusaruro wiyongera mu Kigo, banashimire ku mugaragaro Umukozi warushije abandi kwesa imihigo ye. Buri Kigo kandi kizaboneraho umwanya wo kuganira kuri gahunda yo Kuremera no kwiyemeza kuyishyigikira.
Andi makuru yerekeye Iyizihizwa ry’Umunsi Mukuru Mpuzamahanga w’Umurimo 2013 mwayasanga ku rubuga rwa Interineti rwa Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo ari rwo www.mifotra.gov.rw cyangwa mu gahamagara kuri Telephone: 07 88 59 16 89.
Tubifurije imyiteguro myiza y’Umunsi Mukuru Mpuzamahanga w’Umurimo (Labor Day). Duheshe Agaciro Umurimo, Turemera Abatawufite.
Bikorewe i Kigali, ku wa 04 /04 / 2013.
Sé
Anastase MUREKEZI
Minisitiri w’Abakozi ba Leta n’Umurimo

