Abakoresha barasabwa gukomeza kwita ku buzima n’umutekano ku kazi bubahiriza amategeko n’amabwiriza agenga umurimo mu Rwanda.
Ibi ni bimwe mu byagarutsweho na Madamu RWANYINDO KAYIRANGWA Fanfan, Minisitiri w’Abakozi ba Leta n’Umurimo ubwo yatangizaga Inama Nyunguranabitekerezo ku kunoza Umurimo mu Rwanda ku rwego rw’ Umujyi wa Kigali. Ni inama yabaye kuri uyu wa mbere tariki ya 14 Ukuboza 2020 hifashishijwe ikoranabuhanga (Virtual Meeting) mu rwego rwo gukomeza kubahiriza ingamba zo kwirinda icyorezo cya Covid-19.
Ni inama yitabiriwe kandi na Bwana Rubingisa Pudence, Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali; Uhagarariye Urugaga rw’Abikorera mu Rwanda (PSF), Bwana BIRABONEYE Africain, Umunyamabanga Mukuru w’Urugaga rw’Amasendika y’Abakozi mu Rwanda (CESTRAR), Uhagarariye Ikigo cy’Ubwiteganyirize mu Rwanda (RSSB), Abayobozi b’inzego zitandukanye, ndetse n’Abakoresha batandukanye bakorera mu Mujyi wa Kigali.
Atangiza iyi nama ku mugaragaro, Madamu Rwanyindo yasabye abakoresha gukomeza kwita ku buzima n’umutekano ku kazi mu rwego rwo gukomeza guteza imbere umurimo unoze (Decent Work). Yagize ati: “Covid-19 yagize ingaruka ku murimo, dufite icyizere ko ubukungu buzazahuka, imirimo ikiyongera. Turasaba abakoresha gukomeza kubahiriza amategeko n’amabwiriza agenga umurimo; gukomeza kwita ku buzima n’umutekano ku kazi, gukomeza gufasha abakozi kwirinda Covid-19 kuko abakozi bafite ubuzima bwiza nibo badufasha kugera ku ntego twifuza”.
Mu byaganiriweho muri iyi nama, harimo ingingo zinyuranye z’Itegeko N0 66/2018 ryo ku wa 30/08/2018 rigenga Umurimo mu Rwanda ndetse n’Amateka arishyira mu bikorwa, mu rwego rwo kurushaho kuzumvikanisha. Haganiwe kandi ku bijyanye no gukomeza gushyira imbaraga ku bijyanye n’ubuzima n’umutekano ku kazi, guteza imbere umurimo unoze, gutanga amasezerano y’akazi, gukemura impaka binyuze mu buryo bw’ibiganiro (social dialogue) hagati y’umukozi n’umukoresha, kwishyura imisanzu y’bwiteganyirize bw’abakozi, guhembera abakozi kuri banki, kwandikisha imirimo bakora n’ibindi.
Asoza inama, Bwana Rubingisa yashimiye abitabiriye inama, abashimira ibitekerezo batanze anizeza ubufatanye bw’Umujyi wa Kigali n’abikorera mu kurushaho guteza imbere umurimo no kuwunoza.
Buri mwaka w’ingengo y’imari, Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo, ku bufatanye n’Abafatanyabikorwa batandukanye itegura inama nyunguranabitekerezo ku rwego rwa buri Ntara n’Umujyi wa Kigali, mu rwego rwo kurushaho gufatira hamwe ingamba zo kunoza umurimo.
Topics
On Thursday 18 September 2025, Hon. Minister of Public Service & Labour Amb. Christine Nkulikiyinka received Mr. Mejia Alex, Director of the Division…
Mu nama Nyunguranabitekerezo zabaye kuri uyu wa gatanu tariki 30/5/2025, mu ntara zose z’igihugu n’Umujyi wa Kigali zitabiriwe n’abasaga 2,000,…
On Monday 19 May 2025, Hon. Minister Christine Nkulikiyinka participated in the 20th International Labour Organization Regional Conference, currently…
1 May 2025 marked International Labour Day with a high-level event at Serena Hotel in Kigali, where the Ministry of Public Service and Labour and…
Kuri uyu wa mbere abasaga 500 biganjemo abayobozi muri za Minisiteri, ibigo bya Leta, Abikorera, abayobozi ba sendika n' abakora mu bucukuzi…
Kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 11 Mata 2025 Minisitiri w'Abakozi ba Leta n'Umurimo Amb. Christine Nkulikiyinka ari kumwe n’abandi bayobozi bifatanyije…
Kigali, 21 February 2025
The Ministry of Public Service and Labour (MIFOTRA), in collaboration with its partners, launched the Child Labour Case…
Today, the Ministry of Youth and Arts (MOYA) and the Ministry of Public Service and Labour (MIFOTRA), in partnership with UNDP, awarded 260 young…
A 2-day workshop for the Global Accelerator initiative kicked off today in Nyamata, Bugesera, jointly organized by the International Labour…