Minisitiri Rwanyindo arashishikariza abakoresha kurushaho guteza imbere umurimo mu rwego rwo guhangana n’ingaruka za COVID-19
Kuri uyu wa Kane, tariki ya 28 Gicurasi 2020, Madamu RWANYINDO KAYIRANGWA Fanfan, Minisitiri w’Abakozi ba Leta n’Umurimo yayoboye Inama Nyunguranabitekerezo ku Iyubahirizwa ry’Amategeko Agenga Umurimo mu Rwanda ku rwego rw’ Umujyi wa Kigali. Ni inama yabaye hifashishijwe ikoranabuhanga.
Iyi nama yagombaga kuba ku wa 27/03/2020 ariko iza gusubikwa kubera ko inama zihuza abantu benshi ari kimwe mu bikorwa byabaye bihagaze mu rwego rwo kwirinda ikwirakwizwa ry’icyorezo cya koronavirusi (COVID-19).
Atangiza iyi nama, Minisitiri RWANYINDO, yashimiye abitabiriye inama abibutsa ko Inama nk’iyi itanga umwanya wo kuganira ku bijyanye n’umurimo muri ibi bihe turimo byo guhangana na koronavirusi (COVID-19) no kurebera hamwe ibijyanye no kubahiriza amategeko agenga umurimo.
Minisitiri RWANYINDO yakomeje ashimira abakoresha bafashije abakozi mu gihe cya gahunda ya Guma Mu Rugo (lockdown) aho yagize ati: “Mboneyeho gushimira Abakoresha bakoze ibishoboka, Abakozi bakaguma mu mirimo ndetse bakabaha ubufasha mu gihe cya lockdown, binyuze mu biganiro byubaka Abakoresha bagiye bagirana n’Abakozi (Social Dialogue), nkaba mbasaba ko uwo muco mwiza w’ibiganiro hagati y’abakoresha n’abakozi wakomeza.”
Muri iyo nama hasobanuwe Itegeko rigenga Umurimo mu Rwanda n’ibiteganywa mu mateka anyuranye arishyira mu bikorwa, Abakoresha basabwa gukomeza kubahiriza amategeko agenga umurimo mu rwego rwo kurushaho guteza imbere umurimo ndetse n’umusaruro.
Mu byagarutsweho muri iyi nama harimo kurushaho guteza imbere umuco w’ibiganiro hagati y’abakozi n’abakoresha mu gushakira hamwe ibisubizo by’ibibazo birebana n’ikorwa ry’umurimo; gushyiraho ingamba zihariye zirebana n’ubuzima n’umutekano ku kazi harimo n’izijyanye no kwirinda icyorezo cya koronavirusi (Covid-19); kongera ubugenzuzi bw’umurimo; guteza imbere umuco wo kuzigama; guhembera kuri banki n'ibindi bigo by'imari; guha abakozi amasezerano y'akazi yanditse; guteganyiriza abakozi muri RSSB; kurushaho gukora cyane no gukoresha igihe neza; gukoresha ikoranabuhanga no kongerera ubushobozi sendika z’abakozi.
Asoza iyi nama, Minisitiri Rwanyindo yasabye abakoresha kurushaho gusobanukirwa n’amategeko agenga umurimo mu Rwanda mu rwego rwo kwirinda amakosa agenda agaragara hamwe na hamwe. Yijeje kandi abitabiriye inama ko Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo izakomeza kubafasha kumenya no gusobanukirwa Itegeko ry’Umurimo mu Rwanda binyuze mu biganiro, inama n’imbuga nkoranyambaga, abasaba kwegera buri gihe serivisi za Minisiteri n’ubugenzuzi bw’umurimo mu rwego rwo guhabwa inama zikenewe.
Topics
On Thursday 18 September 2025, Hon. Minister of Public Service & Labour Amb. Christine Nkulikiyinka received Mr. Mejia Alex, Director of the Division…
Mu nama Nyunguranabitekerezo zabaye kuri uyu wa gatanu tariki 30/5/2025, mu ntara zose z’igihugu n’Umujyi wa Kigali zitabiriwe n’abasaga 2,000,…
On Monday 19 May 2025, Hon. Minister Christine Nkulikiyinka participated in the 20th International Labour Organization Regional Conference, currently…
1 May 2025 marked International Labour Day with a high-level event at Serena Hotel in Kigali, where the Ministry of Public Service and Labour and…
Kuri uyu wa mbere abasaga 500 biganjemo abayobozi muri za Minisiteri, ibigo bya Leta, Abikorera, abayobozi ba sendika n' abakora mu bucukuzi…
Kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 11 Mata 2025 Minisitiri w'Abakozi ba Leta n'Umurimo Amb. Christine Nkulikiyinka ari kumwe n’abandi bayobozi bifatanyije…
Kigali, 21 February 2025
The Ministry of Public Service and Labour (MIFOTRA), in collaboration with its partners, launched the Child Labour Case…
Today, the Ministry of Youth and Arts (MOYA) and the Ministry of Public Service and Labour (MIFOTRA), in partnership with UNDP, awarded 260 young…
A 2-day workshop for the Global Accelerator initiative kicked off today in Nyamata, Bugesera, jointly organized by the International Labour…