Minisitiri Rwanyindo arashishikariza abanyarwanda kugira umuco wo kwizigama no kunoza umurimo hagamijwe kongera umusaruro
Kuri uyu wa Kane, tariki ya 27 Gashyantare 2020, m Karere ka Kayonza, habereye Inama Nyunguranabitekerezo ku iyubahirizwa ry’amategeko agenga umurimo mu Rwanda ifite insanganyamatsiko igira iti “Twubahirize amategeko agenga umurimo, Duteze imbere umurimo unoze, Twongere umusaruro”. Inama yayobowe na Nyakubahwa RWANYINDO KAYIRANGWA Fanfan, Minisitiri w’Abakozi ba Leta n’Umurimo.
Inama yitabiriwe kandi na Madamu Dr. Jeanne NYIRAHABIMANA, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Intara y’Iburasirazuba, Abayobozi b’Uturere ndetse n’Abayobozi b’Uturere Bungirije bagize Uturere tw’Intara y’Iburasirazuba, Uhagarariye RSSB, abahagarariye PSF, CESTRAR, COTRAF na COSYLI, Abafatanyabikorwa n’abakoresha mu Ntara y’Iburasirazuba.
Atangiza iyi nama ku mugaragaro, Nyakubahwa RWANYINDO KAYIRANGWA Fanfan, Minisitiri w’Abakozi ba Leta n’Umurimo, yashimiye abitabiriye inama abibutsa ko iyi nama nyunguranabitekerezo ari urubuga rwiza ruhuza ibyiciro bitandukanye birimo Abakoresha, abakozi, Inzego za Leta, iz'abikorera kugira ngo habeho imyumvire imwe ku bijyanye no kunoza umurimo. Aho yagize ati: "Iyi nama igamije kugira ngo twese tugire imyumvire isa mu kunoza umurimo uzatuma Igihugu cyacu gikomeza gutera imbere. Twese tugomba gufatanya kugira ngo bigerweho"
Minisitiri Rwanyindo kandi yavuze ko mu rwego rwo kongera uruhare rw’abakozi mu kugira uruhare mu guteza imbere umuco w’ubwishingizi, hashyizweho Iteka rya Minisitiri w’Intebe ryo kuwa 13/02/2020 ryerekeye inkunga z’ubwisungane mu kwivuza aho umukozi azajya atanga inkunga ingana na zero n’ibice bitanu ku ijana (0.5%) by’umushahara atahana (Net Salary). Iyo nkunga izajya ikatwa n’umukoresha ku mushahara w’umukozi, ishyirwe kuri konti ya RSSB iri muri Banki Nkuru y’u Rwanda kandi umukoresha ayikorere n’imenyekanisha (Déclaration).
Mu ijambo ry’ikaze, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Intara y’Iburasirazuba, Madamu Dr. Jeanne NYIRAHABIMANA, yashimiye Minisiteri yashyizeho iyi nama nyunguranabitekerezo kuko ari urubuga rwiza; kugira ngo abantu bongere bibukiranye Politiki y’umurimo n’itegeko rigenga umurimo mu Rwanda bityo barusheho kunoza umurimo.
Yagize ati: Kunoza umurimo ni ryo pfundo ry’iterambere ry'Igihugu; Inzego za Leta n’iz’abikorera bose babishyizemo imbaraga hagendewe ku cyerekezo cy’Igihugu, nta kabuza umurimo warushaho kunozwa. Iyi nama iradufasha, bityo ahakiri intege nke dufate ingamba zo kuhakosora.
Nk’uko byagaragajwe n’Ubugenzuzi bw’Umurimo, n’ubwo hari byinshi bimaze gukorwa mu rwego rwo kubahiriza amategeko agenga umurimo mu Rwanda, hari ahakomeje kugaragara ibibazo bikurikira: abakozi bakora nta masezerano y’akazi bafite; abakozi bagihemberwa mu ntoki; abakozi badateganyirizwa; impanuka n’indwara bikomoka ku kazi; ikibazo cyo gukoresha abana imirimo mibi; abakoresha basezerera abakozi mu buryo bunyuranyije n’amategeko bigatera impaka z’umurimo n’ibindi.
Mu rwego rwo kunoza umurimo no kurinda abana imirimo kuva ku rwego rw’Umudugudu kugeza ku rwego rw’Akarere hashyizweho Komite zishinzwe gukumira no kurwanya imirimo ibujijwe ku bana.
Inama yasojwe abayitabiriye bafashe imyanzuro inyuranye bazashyira mu bikorwa mu rwego rwo gukomeza gushyira imbaraga mu kubahiriza amategeko agenga umurimo no gukemura imbogamizi zose zagaragajwe haruguru.
Inama nk’iyi ku rwego rw’Intara n’Umujyi wa Kigali itegurwa mu buryo buhoraho ikaba yaraherukaga kuba mu mwaka wa 2018 mu Ntara y’Iburasirazuba.
Topics
On Thursday 18 September 2025, Hon. Minister of Public Service & Labour Amb. Christine Nkulikiyinka received Mr. Mejia Alex, Director of the Division…
Mu nama Nyunguranabitekerezo zabaye kuri uyu wa gatanu tariki 30/5/2025, mu ntara zose z’igihugu n’Umujyi wa Kigali zitabiriwe n’abasaga 2,000,…
On Monday 19 May 2025, Hon. Minister Christine Nkulikiyinka participated in the 20th International Labour Organization Regional Conference, currently…
1 May 2025 marked International Labour Day with a high-level event at Serena Hotel in Kigali, where the Ministry of Public Service and Labour and…
Kuri uyu wa mbere abasaga 500 biganjemo abayobozi muri za Minisiteri, ibigo bya Leta, Abikorera, abayobozi ba sendika n' abakora mu bucukuzi…
Kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 11 Mata 2025 Minisitiri w'Abakozi ba Leta n'Umurimo Amb. Christine Nkulikiyinka ari kumwe n’abandi bayobozi bifatanyije…
Kigali, 21 February 2025
The Ministry of Public Service and Labour (MIFOTRA), in collaboration with its partners, launched the Child Labour Case…
Today, the Ministry of Youth and Arts (MOYA) and the Ministry of Public Service and Labour (MIFOTRA), in partnership with UNDP, awarded 260 young…
A 2-day workshop for the Global Accelerator initiative kicked off today in Nyamata, Bugesera, jointly organized by the International Labour…