Minisitiri RWANYINDO KAYIRANGWA Fanfan yitabiriye Gahunda y’Umujyanama mu Baturage mu Karere ka Ngoma
Kuri uyu wa gatandatu, tariki ya 16/02/2019, Minisitiri w’Abakozi ba Leta n’Umurimo, Nyakubahwa KAYIRANGWA RWANYINDO Fanfan yifatanyije n’Abajyanama b’Akarere ka Ngoma mu gikorwa cy’umuganda cyakozwe muri Gahunda yitwa “Umujyanama mu Baturage”. Uyu muganda udasanzwe wabereye mu Murenge wa Mugesera, Akagari ka Ntaga, Umudugudu w’Akinteko wibanda ku gikorwa cyo gufasha abaturage gusarura ibigori. Uyu muganda witabiriwe kandi n’Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi, Bwana MUSABYIMANA Jean Claude, Abayobozi b’Ingabo na Polisi mu Karere ka Ngoma ndetse n’Abafatanyabikorwa banyuranye b’Akarere ka Ngoma.
Mu ijambo rye, Perezida w’Inama Njyanama y’Akarere ka Ngoma, Bwana BANAMWANA Bernard, agaruka kuri Gahunda y’Umujyanama mu Baturage, yashimangiye ko ari gahunda biyemeje, mu rwego rwo kubana n’ababatoye.
Mu ijambo rye, Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi, Bwana MUSABYIMANA Jean Claude, yashimiye abahinzi igikorwa cyiza cyo gufata neza umusaruro, abizeza ubufasha bushoboka burimo kububakira ubwanikiro bwiza bugezweho ndetse akangurira urubyiruko kujya mu buhinzi.
Umushyitsi Mukuru, Nyakubahwa Minisitiri KAYIRANGWA RWANYINDO Fanfan, Minisitiri w’Abakozi ba Leta n’Umurimo usanzwe ari imboni y’Akarere ka Ngoma muri Guverinoma, yashimiye Abajyanama kuri Gahunda nziza y’Umujyanama mu Baturage bateguye abasaba gukomeza kuyishyiramo ingufu. Yibukije ko iyo inshingano z’Abajyanama zishyizwe mu bikorwa neza, iterambere ryihuse rishoboka kandi n’imibereho myiza y’Abaturage ikarushaho gutera imbere, kandi asaba abaturage ba Ngoma gukoresha neza umusaruro mwiza bageraho, bakarya indyo yuzuye, bikabafasha no kurwanya igwingira mu bana.
Abitabiriye umuganda banasuye umurima w’inanasi wa Mugesera ungana na hegitari 1200, baganira n’abahinzi b’inanasi. Abahinzi b’inanasi babagejejeho icyifuzo cyo kugira isoko rinini no gufashwa mu bijyanye no kuhira, bemererwa ubufasha bwatuma umusaruro wabo urushaho kuba mwiza, kongererwa agaciro no kuwubonera n’isoko rihoraho.
Topics
On Thursday 18 September 2025, Hon. Minister of Public Service & Labour Amb. Christine Nkulikiyinka received Mr. Mejia Alex, Director of the Division…
Mu nama Nyunguranabitekerezo zabaye kuri uyu wa gatanu tariki 30/5/2025, mu ntara zose z’igihugu n’Umujyi wa Kigali zitabiriwe n’abasaga 2,000,…
On Monday 19 May 2025, Hon. Minister Christine Nkulikiyinka participated in the 20th International Labour Organization Regional Conference, currently…
1 May 2025 marked International Labour Day with a high-level event at Serena Hotel in Kigali, where the Ministry of Public Service and Labour and…
Kuri uyu wa mbere abasaga 500 biganjemo abayobozi muri za Minisiteri, ibigo bya Leta, Abikorera, abayobozi ba sendika n' abakora mu bucukuzi…
Kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 11 Mata 2025 Minisitiri w'Abakozi ba Leta n'Umurimo Amb. Christine Nkulikiyinka ari kumwe n’abandi bayobozi bifatanyije…
Kigali, 21 February 2025
The Ministry of Public Service and Labour (MIFOTRA), in collaboration with its partners, launched the Child Labour Case…
Today, the Ministry of Youth and Arts (MOYA) and the Ministry of Public Service and Labour (MIFOTRA), in partnership with UNDP, awarded 260 young…
A 2-day workshop for the Global Accelerator initiative kicked off today in Nyamata, Bugesera, jointly organized by the International Labour…