Minisitiri Rwanyindo yasabye ababaji barangije amahugurwa kubyaza umusaruro impamyabushobozi bahawe

Kuri uyu wa Kane tariki 18 Ukwakira 2018, Minisitiri w’Abakozi ba Leta n’Umurimo, Rwanyindo Kayirangwa Fanfan, yitabiriye umuhango wo gutanga impamyabushobozi ku banyamuryango 1,000 ba Sendika ya STECOMA barangije amahugurwa mu mwuga w’ububaji, umuhango wabereye muri IPRC Kigali.
Aya mahugurwa bayakoreye mu bice bitandukanye by’igihugu aho aba babaji basanzwe bakorera uwo mwuga, akaba yari agamije kubongerera ubumenyi mu mwuga wabo.
Habyalimana Evariste; Umunyamabanga Mukuru wa STECOMA, atangiza uyu muhango wo gutanga izi mpamyabushobozi, yabanje gushimira Minisitiri w’Abakozi ba Leta n’Umurimo kuba yaje kwifatanya nabo muri uwo muhango, yongera no kumushimira kuba Leta yaravuguruye Itegeko rigenga umurimo mu Rwanda ubu rikaba rireba n’abakora imirimo itanditse (Informal Sector).
Habyalimana yasabye ko Minisiteri yakwihutisha Amateka ashyira mu bikorwa iri Tegeko ry’umurimo kugira ngo ritangire gukurikizwa.
Ambasaderi w’Ubudage mu Rwanda, Dr. Peter Woeste,  nawe yashimiye Minisiteri y’abakozi ba Leta n’umurimo ndetse na STECOMA kubera iki gikorwa cyo gutanga impamyabushobozi ku babaji, asaba ko ibikorwa nk’ibi byazakomeza.
Minisitiri Rwanyindo wari n’umushyitsi mukuru muri uyu muhango, yashimiye abahawe impamyabushobozi bose ndetse anashimira abafatanyabikorwa bagize uruhare kugira ngo icyo gikorwa kibe.
Minisitiri w’abakozi ba Leta n’umurimo yasabye ababaji bahawe impamyabushobozi kuzabyaza umusaruro ubumenyingiro bafite .
Yagize ati “Umwuga w’Ububaji ufite uruhare runini mu guteza imbere Ibikorerwa mu Rwanda (Made in Rwanda). Ibikorerwa mu Rwanda mugiramo uruhare bikomeje kugira uruhare mu guhanga imirimo. Mukomeze kunoza ibyo mukora kandi mushyire  ingufu mu kubishakira amasoko haba imbere mu gihugu ndetse no mu mahanga.”
M rwego rwo kurushaho kwagura ibikorwa byabo no kwiteza imbere, Minisitiri Rwanyindo yasabye Ababaji kwitabira cyane Gahunda zashyizweho zigamije gufasha ba Rwiyemezamirimo bato b’Urubyiruko n’Abagore kubona igishoro binyuze mu kubunganira kubona ingwate kugeza kuri 75% binyuze muri BDF; kwegera  Abajyanama mu Mishinga n’Ubucuruzi bashyizwe muri buri Murenge bakabafasha kubigira  imishinga myiza bakora mu bikorwa by’ububaji no kuyicunga; no Gutinyuka kwegera no gukorana n’ibigo by’imari ndetse no kwishyira hamwe. 
Minisitiri Rwanyindo yasoje kandi asaba abibumbiye muri STECOMA kuzirikana ubuzima n’umutekano ku kazi ndetse bubahiriza ibisabwa ngo birinde impanuka.
STECOMA ni Sendika y’ababaji, abubatsi n’abanyabukorikori igizwe n’abanyamuryango basaga 48,000 mu Gihugu hose.

Topics


MIFOTRA and UNITAR to collaborate in capacity building and skills development

On Thursday 18 September 2025, Hon. Minister of Public Service & Labour Amb. Christine Nkulikiyinka received Mr. Mejia Alex, Director of the Division…

Read more →

Imyanzuro yafatiwe mu nama nyunguranabitekerezo ku ihangwa ry'umurimo mu ntara zose

Mu nama Nyunguranabitekerezo zabaye kuri uyu wa gatanu tariki 30/5/2025, mu ntara zose z’igihugu n’Umujyi wa Kigali zitabiriwe n’abasaga 2,000,…

Read more →

Minister Nkulikiyinka Highlights Rwanda’s Achievements at 20th ILO Regional Conference in Addis Ababa

On Monday 19 May 2025, Hon. Minister Christine Nkulikiyinka participated in the 20th International Labour Organization Regional Conference, currently…

Read more →

Labour day 2025: Government, Private, academia and development partners reflected on Job Creation as a shared priority

1 May 2025 marked International Labour Day with a high-level event at Serena Hotel in Kigali, where the Ministry of Public Service and Labour and…

Read more →

Umunsi mpuzamahanga w’ubuzima n’umutekano mu kazi (OSH) wizihirijwe i rwamagana

Kuri uyu wa mbere abasaga 500 biganjemo abayobozi muri za Minisiteri, ibigo bya Leta, Abikorera, abayobozi ba sendika n' abakora mu bucukuzi…

Read more →

KWIBUKA 31: Minisitiri Nkulikiyinka yifatanyije n'abarokokeye mu Ntara y'Iburasirazuba mu gikorwa cyo kwibuka

Kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 11 Mata 2025 Minisitiri w'Abakozi ba Leta n'Umurimo Amb. Christine Nkulikiyinka ari kumwe n’abandi bayobozi bifatanyije…

Read more →

MIFOTRA LAUNCHES CHILD LABOUR CASE MANAGEMENT FRAMEWORK TO STRENGTHEN CHILD PROTECTION AGAINST CHILD LABOUR

Kigali, 21 February 2025 

The Ministry of Public Service and Labour (MIFOTRA), in collaboration with its partners, launched the Child Labour Case…

Read more →

Investing in future: 260 Young Entrepreneurs Awarded for Outstanding Projects in Youth Connect

Today, the Ministry of Youth and Arts (MOYA) and the Ministry of Public Service and Labour (MIFOTRA), in partnership with UNDP, awarded 260 young…

Read more →

Stakeholders, DPs, ILO, and MIFOTRA Convene to Align Policies with Job Creation

A 2-day workshop for the Global Accelerator initiative kicked off today in Nyamata, Bugesera, jointly organized by the International Labour…

Read more →
-->