Minisitiri Rwanyindo yasabye Abakoresha bo mu Ntara y’Amajyaruguru gukomeza guteza imbere umurimo unoze no kurandura imirimo mibi ikoreshwa abana.
Kuri uyu wa Kane, tariki ya 03 Werurwe 2022, Nyakubahwa RWANYINDO KAYIRANGWA Fanfan, Minisitiri w’Abakozi ba Leta n’Umurimo yayoboye Inama Nyunguranabitekerezo ku kunoza Umurimo mu bigo by’Abikorera ku rwego rw’ Intara y’Amajyaruguru. Ni inama yabaye hifashishijwe ikoranabuhanga (WebEx Meeting).
Inama yitabiriwe na Madamu Dancille NYIRARUGERO, Guverineri w'Intara y'Amajyaruguru, Bwana Africain BIRABONEYE, Umunyamabanga Mukuru w’Urugaga rw’Amasendika y’Abakozi mu Rwanda (CESTRAR), Bwana KANAMUGIRE Callixte, Uhagarariye Urugaga rw’Abikorera (PSF), Abayobozi b’Uturere tugize Intara y’Amajyaruguru, Uhagarariye Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), Uhagarariye Ikigo cy’Ubwiteganyirize mu Rwanda (RSSB), Uhagarariye Impuzamasendika COTRAF, n’abandi Bafatanyabikorwa batandukanye.
Atangiza iyi nama ku mugaragaro, Minisitiri Rwanyindo yashimiye abitabiriye inama, abibutsa impamvu nyamukuru y’inama, aho yagize ati: “Ndagira ngo nibutse ko intego y’iyi nama ngarukamwaka ari uguhora dusuzuma aho tugeze dushyira mu bikorwa intego Igihugu cyacu cyihaye yo guhanga nibura imirimo ibihumbi Magana abiri na cumi na bine (214,000) buri mwaka, inoze kandi itanga umusaruro.”.
Yibukije kandi ko inama ifite intego yo kubibutsa bimwe mu bipimo bigaragaza umurimo unoze kandi utanga umusaruro. Yagize ati: “Ku bijyanye n’umurimo unoze kandi utanga umusaruro, hari ibipimo bidufasha kwisuzuma. Bimwe muri byo ni ibi bikurikira nk’uko duhora tubyibukiranya: kudakoresha abana imirimo ibujijwe; guha abakozi amasezerano y’akazi yanditse; guhembera abakozi kuri banki n’ibindi bigo by’imari; guteganyiriza abakozi muri RSSB; guha abakozi aho bakorera hubahirizwa ubuzima n’umutekano ku kazi.”
Umunyamabanga Mukuru w’Urugaga rw’Amasendika y’Abakozi mu Rwanda (CESTRAR), Bwana Africain BIRABONEYE, yagaragaje bimwe mu byakozwe mu rwego rwo guteza imbere umuco w’ibiganiro. Yagize ati: “Twateguye imfashanyigisho izifashishwa mu bukangurambaga ku bijyanye n’ibiganiro hagati y’abakozi n’abakoresha (social dialogue and collective bargaining) kugira ngo bagire ubumenyi. Umwaka ushize twasoje icyiciro cy’abazahugura abandi bakozi mu bigo bitandukanye. Twatangiye guhugura abakozi bahagarariye abandi nabo bakazadufasha guhugura abandi bakorana, nyuma tuzashyiraho Amatsinda (negotiation commitees) muri buri kigo mu rwego rwo guteza imbere imishyikirano hagati y’abakozi n’abakoresha, no gukora amasezerano rusange (Collective Bargaining Agreements) duhereye mu bice bitandukanye by’umurimo”.
Guverineri w'Intara y'Amajyaruguru, Madamu Dancille NYIRARUGERO, yashimye MIFOTRA yateguye iyi nama, anemeza ko Intara ayoboye igiye gukora ibishoboka byose hagamijwe gutanga serivisi nziza no kurandura imirimo mibi ikoreshwa abana. Yagize ati: “Ndasaba abayobozi muri iyi nama ko iki kibazo cy’imirimo mibi ikoreshwa abana buri wese akigira icye; twese tugakora ibishoboka byose abana bakajya mu ishuri. Mudufashe amategeko ashyirwe mu bikorwa n’ibihano bishyirwemo imbaraga; buri wese afate umwana wese nk’uwe. Nidufatanya twese, ibibazo bibangamiye umurimo mu Ntara y’Amajyaruguru bizakemuka.”
Asoza iyi nama, Minisitiri Rwanyindo yasabye abakoresha gushyira mu bikorwa imyanzuro (recommendations) yafashwe mu rwego rwo kwesa imihigo, yagize ati: “Ibiganiro hagati y’Abakozi n’Abakoresha ndetse na Guverinoma bizadufasha kwesa imihigo. Twese tugomba gufatanya kugira ngo tugere ku ntego twifuza zo kugira umurimo unoze kandi ubyara inyungu.”
Buri mwaka w’ingengo y’imari, Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo, ku bufatanye n’Abafatanyabikorwa batandukanye itegura inama nyunguranabitekerezo ku rwego rwa buri Ntara n’Umujyi wa Kigali, mu rwego rwo kurushaho gufatira hamwe ingamba zo guteza imbere umurimo unoze kandi utanga umusaruro.
Topics
On Thursday 18 September 2025, Hon. Minister of Public Service & Labour Amb. Christine Nkulikiyinka received Mr. Mejia Alex, Director of the Division…
Mu nama Nyunguranabitekerezo zabaye kuri uyu wa gatanu tariki 30/5/2025, mu ntara zose z’igihugu n’Umujyi wa Kigali zitabiriwe n’abasaga 2,000,…
On Monday 19 May 2025, Hon. Minister Christine Nkulikiyinka participated in the 20th International Labour Organization Regional Conference, currently…
1 May 2025 marked International Labour Day with a high-level event at Serena Hotel in Kigali, where the Ministry of Public Service and Labour and…
Kuri uyu wa mbere abasaga 500 biganjemo abayobozi muri za Minisiteri, ibigo bya Leta, Abikorera, abayobozi ba sendika n' abakora mu bucukuzi…
Kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 11 Mata 2025 Minisitiri w'Abakozi ba Leta n'Umurimo Amb. Christine Nkulikiyinka ari kumwe n’abandi bayobozi bifatanyije…
Kigali, 21 February 2025
The Ministry of Public Service and Labour (MIFOTRA), in collaboration with its partners, launched the Child Labour Case…
Today, the Ministry of Youth and Arts (MOYA) and the Ministry of Public Service and Labour (MIFOTRA), in partnership with UNDP, awarded 260 young…
A 2-day workshop for the Global Accelerator initiative kicked off today in Nyamata, Bugesera, jointly organized by the International Labour…