Minisitiri Rwanyindo yasabye Abakoresha bo mu Ntara y’Amajyaruguru ubufatanye no gushyira imbaraga mu guhanga imirimo kugira ngo hagerwe ku ntego Igihugu cyihaye
Kuri uyu wa Kane, tariki ya 09 Werurwe 2023, Nyakubahwa RWANYINDO KAYIRANGWA Fanfan, Minisitiri w’Abakozi ba Leta n’Umurimo, yayoboye Inama Nyunguranabitekerezo ku kunoza Umurimo mu bigo by’Abikorera ku rwego rw’Intara y’Amajyaruguru. Iyi nama yabereye mu Karere ka Musanze kuri Centre Pastoral de Fatima.
Inama yitabiriwe na Bwana MUSHAYIJA Geofrey, Umunyamabaganga Nshingwabikorwa w’Intara y’Amajyaruguru, Bwana BIRABONEYE Africain, Umunyamabanga Mukuru w’Urugaga rw’Amasendika y’Abakozi mu Rwanda (CESTRAR), Bwana KANAMUGIRE Callixte, Uhagarariye Urugaga rw’Abikorera (PSF), Abayobozi b’Uturere tugize Intara y’Amajyaruguru, Uhagarariye Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), Uhagarariye Ikigo cy’Ubwiteganyirize mu Rwanda (RSSB), abikorera n’abandi bafatanyabikorwa batandukanye.
Mu ijambo ry’ikaze, Bwana MUSHAYIJA Geofrey, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Intara y’Amajyaruguru, yashimiye Ministeri y’ Abakozi ba Leta n’Umurimo, abakoresha n’abandi bafatanyabikorwa uruhare ntagereranwa bagira mu guhanga imirimo no guteza imbere umurimo unoze.
Atangiza iyi nama ku mugaragaro, Minisitiri Rwanyindo yashimiye abitabiriye inama, abibutsa ko hasigaye igihe gito ngo gahunda ya Guverinoma y’imyaka irindwi (NST1) igere ku musozo, yagize ati: “Twibukiranye ko intego twese duhuriyeho ikubiye muri iyi Gahunda ya Guverinoma y’imyaka irindwi (7), ari uguhanga nibura imirimo miliyoni imwe n’ibihumbi magana atanu (1,500,000) inoze kandi itanga umusaruro”
Yagaragaje ko kandi kugeze ubu hamaze guhangwa imirimo igera ku bihumbi magana acyenda na mirongo ine na bibiri na magana atatu na makumyabiri n’itandatu (942,326). Hakaba habura ’imirimo ibihumbi magana atanu na mirongo itanu na birindwi na magana atandatu na mirongo irindwi n’ine (557,674) kugira ngo heswe uyu muhigo.
Yagize ati: “Biradusaba ingufu n’ubufatanye, kugira ngo iyi ntego duhuriyeho igerweho kandi dukomeza kuzirikana ko nta gihe dusigaranye.”
Ministiri yavuze ko kandi intego rusange yo guhanga imirimo kuri bose itagerwaho bitanyuze mu kwimakaza umurimo unoze kandi utanga umusaruro nk’uko hari ibipimo byashyizweho bibigaragaza, yagize ati: “Guha abakozi amasezerano y’akazi yanditse, guhembera abakozi kuri banki, guteganyiriza abakozi muri RSSB, kurinda abakozi impanuka n’indwara bikomoka ku kazi no kurandura imirimo ibujijwe umwana.”
Minisitiri yashishikarije abakozi n’abakoresha kuba abafatanyabikorwa no kwimakaza umuco wo gukorera ku mihigo n’ubufatanyabikorwa ku mpande zombi, binyuze mu mishyikirano rusange (collective bargaining), yagize ati: “Uyu muco wo gukorera ku mihigo n’ubufatanyabikorwa hagati y’abakozi n’abakoresha, byakorwa binyuze mu mishyikirano rusange hagati y’abakoresha n’inzego zihagararira abakozi”
Iyi nama yabaye umwanya mwiza kandi wo kuganira ku ngamba zo kurandura no gukumira imirimo mibi ikoreshwa abana mu Ntara y’Amajyaruguru. Minisitiri yagize iti “Nta yandi mahitamo dufite uretse kuyirandura kuko bifite uruhare rutaziguye mu igwingira ry’abana, kuko bigira ingaruka ku mikurire yabo, imyigire yabo, imitekerereze yabo ndetse n’ubuzima bwabo muri rusange”
Asoza iyi nama, Minisitiri Rwanyindo yavuze ko hakenewe gushyirwamo imbaraga nyinshi kugira ngo hakomeze gutezwa imbere umurimo unoze kandi utanga umusaruro, yagize ati “N’ubwo hakiri byinshi byo gukorwa, mu myaka ibiri ishize, imibare ya RSSB igaragaza ko abantu bizigamira biyongereye mu gihugu hose, ndetse no mu Ntara y’Amajyaruguru, si ibyo gusa kandi habayeho izamuka ry’imibare y’abakozi bahemberwa kuri banki”.
Buri mwaka w’ingengo y’imari, Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo, ku bufatanye n’Abafatanyabikorwa batandukanye, itegura inama nyunguranabitekerezo ku rwego rwa buri Ntara n’Umujyi wa Kigali, mu rwego rwo kurushaho gufatira hamwe ingamba zo guteza imbere umurimo unoze kandi utanga umusaruro.
Topics
On Thursday 18 September 2025, Hon. Minister of Public Service & Labour Amb. Christine Nkulikiyinka received Mr. Mejia Alex, Director of the Division…
Mu nama Nyunguranabitekerezo zabaye kuri uyu wa gatanu tariki 30/5/2025, mu ntara zose z’igihugu n’Umujyi wa Kigali zitabiriwe n’abasaga 2,000,…
On Monday 19 May 2025, Hon. Minister Christine Nkulikiyinka participated in the 20th International Labour Organization Regional Conference, currently…
1 May 2025 marked International Labour Day with a high-level event at Serena Hotel in Kigali, where the Ministry of Public Service and Labour and…
Kuri uyu wa mbere abasaga 500 biganjemo abayobozi muri za Minisiteri, ibigo bya Leta, Abikorera, abayobozi ba sendika n' abakora mu bucukuzi…
Kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 11 Mata 2025 Minisitiri w'Abakozi ba Leta n'Umurimo Amb. Christine Nkulikiyinka ari kumwe n’abandi bayobozi bifatanyije…
Kigali, 21 February 2025
The Ministry of Public Service and Labour (MIFOTRA), in collaboration with its partners, launched the Child Labour Case…
Today, the Ministry of Youth and Arts (MOYA) and the Ministry of Public Service and Labour (MIFOTRA), in partnership with UNDP, awarded 260 young…
A 2-day workshop for the Global Accelerator initiative kicked off today in Nyamata, Bugesera, jointly organized by the International Labour…