Minisitiri Rwanyindo yasabye Abakoresha kubahiriza amategeko agenga umurimo no kuwuteza imbere.
Kuri uyu wa Kane, tariki ya 12 Ukuboza 2019, mu Karere ka Huye, habereye Inama Nyunguranabitekerezo ku Iyubahirizwa ry’Amategeko Agenga Umurimo mu Rwanda ifite insanganyamatsiko igira iti “Twubahirize amategeko agenga umurimo, Duteze imbere umurimo unoze, Twongere umusaruro”. Inama yayobowe na Nyakubahwa RWANYINDO KAYIRANGWA Fanfan, Minisitiri w’Abakozi ba Leta n’Umurimo.
Inama yitabiriwe kandi na Bwana JABO Paul, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Intara y’Amajyepfo, Abanyamabanga Nshingwabikorwa b’Uturere tugize Intara y’Amajyepfo, Bwana MUBERA Martin, Umuyobozi wa CESTRAR, Uhagarariye RSSB, Uhagarariye PSF mu Ntara y’Amajyepfo, , Abayobozi ba PSF mu Turere tw’Intara y’Amajyepfo n’abakoresha mu Ntara y’Amjyepfo.
Atangiza iyi nama ku mugaragaro, Nyakubahwa RWANYINDO KAYIRANGWA Fanfan, Minisitiri w’Abakozi ba Leta n’Umurimo, yashimiye abitabiriye inama abibutsa ko ari inama izafasha gusoza umwaka wa 2019 hari ishusho y’uko umurimo uhagaze mu Ntara, hagafatwa ingamba zo gushyira mu bikorwa mu mwaka utaha.
Bwana MUBERA Martin, Umuyobozi wa CESTRAR , yashimye ko abakoresha babanye neza n’abakozi babo anabibutsa gukomeza guteza imbere imishyikirano rusange kuko ituma ibiba bitagenda neza bibonerwa umuti. .
Nk’uko byagaragajwe n’Ubugenzuzi bw’Umurimo, n’ubwo hari byinshi bimaze gukorwa mu rwego rwo kubahiriza amategeko agenga umurimo mu Rwanda, hari ahakomeje kugaragara ibibazo bikurikira abakozi bakora nta masezerano y’akazi bafite; abakozi bagihemberwa mu ntoki; abakozi badateganyirizwa; impanuka n’indwara bikomoka ku kazi; ikibazo cyo gukoresha abana imirimo mibi; abakoresha basezerera abakozi mu buryo bunyuranyije n’amategeko bigatera impaka z’umurimo n’ibindi.
Ku bijyanye n’imirimo mibi ikoreshwa abana, Nyakubahwa Rwanyindo yashishikarije Uturere twose gukurikirana imikorere ya za komite zo gukumira no kurandura imirimo mibi ikoreshwa abana. Yagize ati: “Nk’uko mubizi, hashyizweho za Komite zo kurandura no gukumira imirimo mibi ikoreshwa abana. Ndashishikariza Uturere twose gukurikirana imikorere y’izo komite zikuzuza neza inshingano zazo guhera ku Ntara, ku Karere, mu Murenge, Akagali n’Umudugudu, kuko hari aho bigaragara ko zidakora neza”.
Ni nyuma y’Ubugenzuzi 34 bwakozwe mu Ntara y’Amajyepfo mu gihembwe cya mbere cy’uyu mwaka w’ingengo y’imari; bwagaragaje ko abana magana abiri na mirongo inani n’umunani (288) bakuwe mu mirimo mibi, abenshi bakaba bari mu bikorwa by’ubwikorezi, ubucukuzi bw’amabuye na kariyeri no mu buhinzi.
Imyanzuro yafatiwe muri iyi nama ni iyi ikurikira:
1. Abakoresha biyemeje gushyira imbaraga mu kubahiriza itegeko ry’umurimo bakita cyane cyane kuri ibi bikurikira: guha abakozi amasezerano y’akazi, gutangira abakozi imisanzu y’ubwiteganyirize muri RSSB, Guhembera abakozi kuri banki no kubahiriza ibijyanye n’ubuzima n’umutekano ku kazi;
2. Ubuyobozi bw’Akarere bwiyemeje gukoresha komite zishinzwe gukumira no kurwanya imirimo mibi ikoreshwa abana guhera ku rwego rw’Akarere kugeza ku rwego rw’Umudugudu mu rwego rwo gukumira no kurandura imirimo mibi ikoreshwa abana;
3. Abakoresha biyemeje guteza imbere umuco w’ibiganiro mu bigo no gufasha intumwa z’abakozi n’abashinzwe ubuzima n’umutekano ku kazi kuzuza neza inshingano zabo, mu rwego rwo kugabanya impaka z’umurimo hagati y’abakozi n’abakoresha no kongera umusaruro mu bigo by’abikorera;
4. Abakoresha biyemeje gushyira mu bikorwa inama bagirwa n’ubugenzuzi bw’umurimo mu rwego rwo kubahiriza amategeko agenga umurimo mu bigo;
5. Abakoresha biyemeje guteza imbere imikoranire myiza n’abakozi bakoresha mu bigo bayobora mu rwego rwo kongera umusaruro;
6. Ubuyobozi bwite bwa Leta n’Abikorera biyemeje gushyira imbaraga mu guhanga imirimo ku rubyiruko no kubafasha kwimenyereza umurimo aho umurimo ukorerwa mu rwego rwo kubafasha kwiteza imbere;
7. Abakoresha biyemeje kongerera abakozi ubushobozi binyuze mu mahugurwa mu rwego rwo kongera umusaruro mu bigo;
8. RSSB yasabwe gukomeza gushyira imbaraga mu gukangurira abakoresha gutangira imisanzu y’ubwiteganyirize abakozi, cyane cyane abakozi bakora mu mirimo itanditse n’abakora mu gihe gito (casual workers).
9. Abakoresha biyemeje gukumira impanuka zikomoka mu kazi ahakorerwa akazi no mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro by’umwihariko.
10. Abakoresha biyemeje gukomeza kwitabira no gushishikariza abakozi gahunda ya Leta ya Ejo Heza.
Topics
On Thursday 18 September 2025, Hon. Minister of Public Service & Labour Amb. Christine Nkulikiyinka received Mr. Mejia Alex, Director of the Division…
Mu nama Nyunguranabitekerezo zabaye kuri uyu wa gatanu tariki 30/5/2025, mu ntara zose z’igihugu n’Umujyi wa Kigali zitabiriwe n’abasaga 2,000,…
On Monday 19 May 2025, Hon. Minister Christine Nkulikiyinka participated in the 20th International Labour Organization Regional Conference, currently…
1 May 2025 marked International Labour Day with a high-level event at Serena Hotel in Kigali, where the Ministry of Public Service and Labour and…
Kuri uyu wa mbere abasaga 500 biganjemo abayobozi muri za Minisiteri, ibigo bya Leta, Abikorera, abayobozi ba sendika n' abakora mu bucukuzi…
Kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 11 Mata 2025 Minisitiri w'Abakozi ba Leta n'Umurimo Amb. Christine Nkulikiyinka ari kumwe n’abandi bayobozi bifatanyije…
Kigali, 21 February 2025
The Ministry of Public Service and Labour (MIFOTRA), in collaboration with its partners, launched the Child Labour Case…
Today, the Ministry of Youth and Arts (MOYA) and the Ministry of Public Service and Labour (MIFOTRA), in partnership with UNDP, awarded 260 young…
A 2-day workshop for the Global Accelerator initiative kicked off today in Nyamata, Bugesera, jointly organized by the International Labour…