Minisitiri Rwanyindo yasabye abitabiriye Job Net kubyaza umusaruro gahunda zose zigamije ihangwa ry’imirimo
Kuri uyu wa Kane tariki 06 Ukuboza 2018 habaye Ihuriro ry’abashaka akazi n’abagatanga (Job Net) ku nshuro ya gatandatu (6) ryabereye muri Kigali Cultural and Exhibition Village (ahahoze Camp Kigali) .
Iri huriro ryitabiriwe n’urubyiruko rusaga 1,500, rwose rwari rushishikajwe no guhabwa inyigisho n’ubumenyi ku mahirwe aboneka ku isoko ry’umurimo.
Muhongerwa Patricia; Umuyobozi Wungirije w’Umujyi wa Kigali ushinzwe Imibereho Myiza, yashimiye Minisitiri Rwanyindo kuba yaje kwifatanya nabo muri iki gikorwa , anashimira abitabiriye bose.
Minisitiri w’abakozi ba Leta n’Umurimo, Rwanyindo Kayirangwa Fanfan, mu ijambo rye yavuze ko iri huriro ari umwanya mwiza w’abashaka akazi ngo bamenye amakuru ajyanye n’isoko ry’umurimo, ndetse babashe no kugira ubumenyi ku bisabwa ku isoko ry’umurimo.
Minisitiri w’Abakozi ba Leta n’Umurimo yagize ati “Kuva iki gikorwa cyatangira, kigenda kirushaho gutanga umusaruro mu guhuza abakoresha bakeneye abakozi n’abakeneye akazi. Abakoresha bibafasha kudatakaza igihe kinini mu gushaha abakozi. Imibare y’abamaze kubona akazi binyuze mu kwitabira iki gikorwa irashimishije kandi igenda yiyongera. Inyungu ziva muri iki gikorwa ni nyinshi ari ku bakoresha ari no ku bashaka akazi.”
Muri iri huriro haganiwe ku ngingo zinyuranye harmo n’ibijyanye no kwihangira umurimo no guharanira kugira ubumenyingiro (TVET).
Minisitiri w’abakozi ba Leta n’Umurimo, Rwanyindo Kayirangwa Fanfan akaba yanongeye gushishikariza abitabiriye iri Huriro kubyaza umusaruro amahirwe Leta yashyizeho yo kwihangira imirimo, binyuze muri Gahunda zinyuranye harimo n’iya NEP Kora Wigire, anabasaba gukomeza kugira uruhare muri Gahunda zose zigamije guteza imbere umurimo mu Rwanda by’umwihariko Abakoresha bakanarushaho kwakira ku bwinshi abakeneye kwimenyereza umurimo kuko babafasha mu bubikorwa byabo byo gutanga serivisi no kongera umusaruro kandi nabo bakabafasha kugira ubumenyi bukenewe ku murimo.
Kuva Ihuriro ry’abashaka akazi n’abagatanga (Job Net) ryatangira mu mwaka wa 2014 rimaze kuba inshuro 6. Uyu mwaka wa 2018 akaba aribwo mba mbere ryabaye kabiri mu mwaka. Kuva muri 2014, urubyiruko rusaga 2,000 rwabonye amahirwe yo kubona akazi rubikesha iri huriro.
Topics
On Thursday 18 September 2025, Hon. Minister of Public Service & Labour Amb. Christine Nkulikiyinka received Mr. Mejia Alex, Director of the Division…
Mu nama Nyunguranabitekerezo zabaye kuri uyu wa gatanu tariki 30/5/2025, mu ntara zose z’igihugu n’Umujyi wa Kigali zitabiriwe n’abasaga 2,000,…
On Monday 19 May 2025, Hon. Minister Christine Nkulikiyinka participated in the 20th International Labour Organization Regional Conference, currently…
1 May 2025 marked International Labour Day with a high-level event at Serena Hotel in Kigali, where the Ministry of Public Service and Labour and…
Kuri uyu wa mbere abasaga 500 biganjemo abayobozi muri za Minisiteri, ibigo bya Leta, Abikorera, abayobozi ba sendika n' abakora mu bucukuzi…
Kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 11 Mata 2025 Minisitiri w'Abakozi ba Leta n'Umurimo Amb. Christine Nkulikiyinka ari kumwe n’abandi bayobozi bifatanyije…
Kigali, 21 February 2025
The Ministry of Public Service and Labour (MIFOTRA), in collaboration with its partners, launched the Child Labour Case…
Today, the Ministry of Youth and Arts (MOYA) and the Ministry of Public Service and Labour (MIFOTRA), in partnership with UNDP, awarded 260 young…
A 2-day workshop for the Global Accelerator initiative kicked off today in Nyamata, Bugesera, jointly organized by the International Labour…