Minisitiri Rwanyindo yashimangiye uruhare rw’umutekano mu iterambere n’imibereho myiza
Kuri uyu wa mbere tariki 15/7/2019, Nyakubahwa Minisitiri w’Abakozi ba Leta n’Umurimo, RWANYINDO KAYIRANGWA Fanfan yatangije ku mugaragaro ibikorwa byahariwe ukwezi kwa Polisi (Police Month 2019) ku rwego rw’Intara y’Iburasirazuba mu Karere ka Ngoma abereye Imboni.
Icyo gikorwa cyabereye mu Murenge wa Sake, cyabimburiwe n'Umuganda wibanze ku kubakira inzu umuturage utishoboye wo mu Mudugudu wa Nyarurembo, Akagari ka Rukoma, Umurenge wa Sake no kubaka ibiro by'Umudugudu wa Nyagasozi, Akagari ka Rukoma, Umurenge wa Sake.
Mu bandi bayobozi bitabiriye icyo gikorwa hari Bwana MUFULUKYE Fred, Guverineri w'Intara y'Iburasirazuba, Umuyobozi Mukuru Wungirije wa Polisi DCG Juvenal MARIZAMUNDA, Abagize inama y'umutekano itaguye y'Intara y'Iburasirazuba n’Abayobozi b’Inzego z’Umutekano mu Karere ka Ngoma.
Mu ijambo ry'ikaze, Umuyobozi w'Akarere ka Ngoma, Bwana NAMBAJE Aphrodise, yashimiye Polisi y’u Rwanda kuba yarategereje gukorera mu Karere ka Ngoma ibikorwa bigamije iterambere ry'abaturage, asaba abaturage kubungabunga umutekano no kuzagira uruhare rufatika mu bikorwa byateganyijwe mu kwezi kwahariwe ibikorwa bya Polisi y’u Rwanda.
Umuyobozi Mukuru Wungirije wa Polisi DCG Juvenal MARIZAMUNDA, yavuze ko ibikorwa biteganyijwe kuva tariki 15/7/2019 kugeza tariki 14/8/2019 birimo kubakira abatishoboye, kubaka ibiro by'Umudugudu, gutanga amashanyarazi aturuka ku mirasire y'izuba ku baturage, ubukangurambaga bugamije gukumira ibiyobyabwenge, ubukangurambaga bugamije gukumira gutera inda abana bato n'ihohotera rishingiye ku gitsina, kubungabunga ibidukikije, Gahunda ya Gerayo amahoro, asoza abasaba kwirinda ibyaha bihungabanya umutekano birimo magendu, ikoreshwa ry'ibiyobyabwenge, ruswa, icuruzwa ry'abantu n’ibindi.
Bwana MUFULUKYE Fred, Guverineri w'Intara y'Iburasirazuba, yashimiye Polisi y’u Rwanda uruhare igira mu kurinda umutekano w'abaturage n'ibyabo, ibikorwa by'iterambere izageza ku baturage b'Intara y'Iburasirazuba harimo ubwisungane mu kwivuza, umuriro ukomoka ku mirasire y'izuba, asoza asaba abaturage kwitura Igihugu kuba abaturage beza batagira icyaha na kimwe.
Mu gusoza, Minisitiri w'Abakozi ba Leta n'Umurimo, Madamu KAYIRANGWA RWANYINDO Fanfan wari Umushyitsi Mukuru, yashimiye Polisi y’U Rwanda uruhare igira mu iterambere n'umutekano by'abaturage, asaba abaturage kwirinda ibyaha no gutanga amakuru ku gihe hagamijwe kubikumira bitaraba, ashimangira ko nta terambere n’imibereho myiza bishoboka ahari ibyaha kandi asaba buri wese kuba intangarugero ku bana no kubigisha indangagaciro nyarwanda zirimo gukunda Igihugu, gukunda umurimo no gutinya ikibi.
Topics
On Thursday 18 September 2025, Hon. Minister of Public Service & Labour Amb. Christine Nkulikiyinka received Mr. Mejia Alex, Director of the Division…
Mu nama Nyunguranabitekerezo zabaye kuri uyu wa gatanu tariki 30/5/2025, mu ntara zose z’igihugu n’Umujyi wa Kigali zitabiriwe n’abasaga 2,000,…
On Monday 19 May 2025, Hon. Minister Christine Nkulikiyinka participated in the 20th International Labour Organization Regional Conference, currently…
1 May 2025 marked International Labour Day with a high-level event at Serena Hotel in Kigali, where the Ministry of Public Service and Labour and…
Kuri uyu wa mbere abasaga 500 biganjemo abayobozi muri za Minisiteri, ibigo bya Leta, Abikorera, abayobozi ba sendika n' abakora mu bucukuzi…
Kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 11 Mata 2025 Minisitiri w'Abakozi ba Leta n'Umurimo Amb. Christine Nkulikiyinka ari kumwe n’abandi bayobozi bifatanyije…
Kigali, 21 February 2025
The Ministry of Public Service and Labour (MIFOTRA), in collaboration with its partners, launched the Child Labour Case…
Today, the Ministry of Youth and Arts (MOYA) and the Ministry of Public Service and Labour (MIFOTRA), in partnership with UNDP, awarded 260 young…
A 2-day workshop for the Global Accelerator initiative kicked off today in Nyamata, Bugesera, jointly organized by the International Labour…