Minisitiri Rwanyindo yashimiye urubyiruko rwiyemeje guhanga imirimo mu buhinzi n’ubworozi bukorwa kinyamwuga
Kuri uyu wa 28 Ugushyingo 2018, Minisitiri w’abakozi ba Leta n’umurimo Rwanyindo Kayirangwa Fanfan, yafunguye ku mugaragaro ihahiro (shop) rizajya rigurisha ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi, iryo hahiro rikaba ryatangijwe n’Ihuriro ry’urubyiruko rwagize umwuga ubuhinzi n’ubworozi rubyaza umusaruro ibibikomokaho (Rwanda Youth in Agribusiness Forum /RYAF).[A1]
Afungura ku mugaragaro iri hahiro , Minisitiri Rwanyindo yashimiye uru rubyiruko rwibumbiye muri RYAF kuba rwarakuye amaboko mu mifuka rugakora, rukihangira imirimo, rugamije kwiteza imbere.
Minisitiri Rwanyindo yashishikarije urubyiruko gukomeza gukoresha amahirwe menshi Leta y’u Rwanda yarushyiriyeho binyuze muri National Employment Program (NEP) Kora Wigire, harimo uburyo bwo kubona igishoro cyo gutangiza Imishinga y’Ubuhinzi (Agribusiness Investment Facility). Yanibukije kandi ko Inama y’Abaminisitiri yemeje Gahunda y’Igihugu y’Ubwishingizi bwo mu rwego rw’Ubuhinzi n’Ubworozi.
Minisitiri Rwanyindo yasabye RYAF ndetse n’abandi bakora ibijyanye n’ubuhinzi n’ubworozi gukomeza gushyira imbaraga mu kubikora kinyamwuga. .
Yagize ati “Ni ngombwa rero ko ibikorwa by’ubuhinzi turushaho kubiteza imbere no kunoza uburyo bikorwa, tukabikora kinyamwuga, kandi ikoranabuhanga mu buhinzi tugakomeza kuriteza imbere.RYAF mukomeje kuba umusemburo wo gukora ubuhinzi n’ubworozi kinyamwuga. Mukomereze aho. Ibyo bituma mugira uruhare rufatika mu guteza imbere Ibikorerwa mu Rwanda (Made in Rwanda) mu rwego rw’ubuhinzi n’ubworozi. Ndabashimira rero rubyiruko rwacu ko mwahinduye imyumvire kandi mukaba muri gufasha n’abagifite imyumvire itarahinduka, ikagenda ihinduka kuko hari abibwiraga ko ibikorwa by’ubuhinzi bitateza umuntu imbere, ariko ubu dufite ingero zifatika za ba Rwiyemezamirimo bakomeye mu Rubyiruko bamaze kwiteza kwiteza imbere mu buryo bw’icyitegererezo .”
Hategekimana Jean Baptiste, umuyobozi wa RYAF, nawe yashimiye Minisitiri w’abakozi ba Leta n’Umurimo kuba yaje kwifatanya nabo, ndetse yongera gushimira Leta y’u Rwanda kuba yarabateye inkunga kandi ikaba ikomeje kubaba hafi.
Topics
On Thursday 18 September 2025, Hon. Minister of Public Service & Labour Amb. Christine Nkulikiyinka received Mr. Mejia Alex, Director of the Division…
Mu nama Nyunguranabitekerezo zabaye kuri uyu wa gatanu tariki 30/5/2025, mu ntara zose z’igihugu n’Umujyi wa Kigali zitabiriwe n’abasaga 2,000,…
On Monday 19 May 2025, Hon. Minister Christine Nkulikiyinka participated in the 20th International Labour Organization Regional Conference, currently…
1 May 2025 marked International Labour Day with a high-level event at Serena Hotel in Kigali, where the Ministry of Public Service and Labour and…
Kuri uyu wa mbere abasaga 500 biganjemo abayobozi muri za Minisiteri, ibigo bya Leta, Abikorera, abayobozi ba sendika n' abakora mu bucukuzi…
Kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 11 Mata 2025 Minisitiri w'Abakozi ba Leta n'Umurimo Amb. Christine Nkulikiyinka ari kumwe n’abandi bayobozi bifatanyije…
Kigali, 21 February 2025
The Ministry of Public Service and Labour (MIFOTRA), in collaboration with its partners, launched the Child Labour Case…
Today, the Ministry of Youth and Arts (MOYA) and the Ministry of Public Service and Labour (MIFOTRA), in partnership with UNDP, awarded 260 young…
A 2-day workshop for the Global Accelerator initiative kicked off today in Nyamata, Bugesera, jointly organized by the International Labour…