Minisitiri Rwanyindo yatanze umurongo wo kwihutisha iterambere no kwesa imihigo mu Karere ka Ngoma
Kuri uyu wa Kane tariki 29 Ugushyingo 2018, Akarere ka Ngoma kateguye inama mpuzabikorwa iba rimwe mu mwaka gatumiramo abaturage abafatanyabikorwa bako. Inama yabereye kuri sitade Cyasemakamba yiga kuri gahunda y’iterambere ry’Akarere mu myaka irindwi (7) iri imbere n’ishyirwa mu bikorwa ry’imihigo y’umwaka wa 2018/2019. .
Inama yabanjjirijwe n’igikorwa cyo gusura hoteli y’icyitegererezo iri kubakwa mu Karere ka Ngoma, imirimo yo kubaka iyi hoteli ikaba iri hafi gusozwa.
Nyuma yo gusura ibikorwa byo kubaka iyo hoteli, abashyitsi n’abasangwa berekeje mu nama mpuzabikorwa baganira kuri gahunda y’iterambere ry’Akarere mu myaka irindwi (7) iri imbere no ku ishyirwa mu bikorwa ry’imihigo ya 2018/2019 .
Bwana Nambaje Aphrodise, Umuyobozi w’Akarere ka Ngoma yashimiye abafatanyabikorwa bose bafasha Akarere mu kwesa imihigo no gutuma gatera imbere, bityo abasaba kongera ingufu mu bufatanye kugira ngo Akarere kazabashe kwesa imihigo kidashyikirwa.
Minisitiri w’Abakozi ba Leta n’Umurimo, Rwanyindo Kayirangwa Fanfan wari umushyitsi mukuru, yashimiye abitabiriye inama bose ku bwitabire bwabo bushimishije no ku bitekerezo batanze.
Minisitiri Rwanyindo usanzwe ari n’imboni y’Akarere ka Ngoma, yashimye kandi gahunda y’iterambere ry’Akarere mu myaka irindwi (7) iri imbere , yongera gusaba ubuyobozi bw’Akarere n’abafatanyabikorwa bako kugerageza kwihutisha ishyirwa mu bikorwa ry’imihigo y’umwaka wa 2018/2019 ndetse abasaba no kuzaba mu myanya y’imbere mu kwesa imihigo y’uyu mwaka.
Muri urwo rwego, Minisitiri Rwanyindo yasabye Akarere n’Abafatanyabikorwa gushyiraho uburyo buhoraho bwo kuganira ku Mihigo mu Nzego zose z’Akarere, gushimangira umuco wo kuzuzanya no kurangwa no kumvikana, kwirinda gutekinika muri raporo zinyuranye zitangwa, guteza imbere umuco wo kungurana ibitekerezo no kubaka umuco wo gutanga serivisi nziza ku Baturage.
Yasabye kandi Akarere n’Abafatanyabikorwa bako mu iterambere gukomeza gushyira ingufu muri Gahunda zose za Leta, by’umwihariko ubwisungane mu kwivuza, kurwanya inda ziterwa abangavu, guca burundu imirimo mibi ikoreshwa abana, kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina, guteza imbere gahunda mbonezamikurire ku bana no gushyira ingufu mu micungire myiza ya Gahunda zinyuranye zigamije imibereho myiza y’abaturage.
Minisitiri Rwanyindo yijeje Akarere ka Ngoma kuzakomeza kukaba hafi ndetse abizeza kuzajya abasura buri kwezi, anabasaba kuba Intaramanaguhiga nk’uko izina ry’Ubutore ryabo ribivuga, bagahora barangwa no guhiga no kwesa imihigo .
Topics
On Thursday 18 September 2025, Hon. Minister of Public Service & Labour Amb. Christine Nkulikiyinka received Mr. Mejia Alex, Director of the Division…
Mu nama Nyunguranabitekerezo zabaye kuri uyu wa gatanu tariki 30/5/2025, mu ntara zose z’igihugu n’Umujyi wa Kigali zitabiriwe n’abasaga 2,000,…
On Monday 19 May 2025, Hon. Minister Christine Nkulikiyinka participated in the 20th International Labour Organization Regional Conference, currently…
1 May 2025 marked International Labour Day with a high-level event at Serena Hotel in Kigali, where the Ministry of Public Service and Labour and…
Kuri uyu wa mbere abasaga 500 biganjemo abayobozi muri za Minisiteri, ibigo bya Leta, Abikorera, abayobozi ba sendika n' abakora mu bucukuzi…
Kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 11 Mata 2025 Minisitiri w'Abakozi ba Leta n'Umurimo Amb. Christine Nkulikiyinka ari kumwe n’abandi bayobozi bifatanyije…
Kigali, 21 February 2025
The Ministry of Public Service and Labour (MIFOTRA), in collaboration with its partners, launched the Child Labour Case…
Today, the Ministry of Youth and Arts (MOYA) and the Ministry of Public Service and Labour (MIFOTRA), in partnership with UNDP, awarded 260 young…
A 2-day workshop for the Global Accelerator initiative kicked off today in Nyamata, Bugesera, jointly organized by the International Labour…