Minisitiri Rwanyindo yibukije ingamba zo kubungabunga ubuzima n’umutekano ku kazi
Kuwa Gatanu tariki ya 03 Gicurasi 2019, Nyakubahwa Minisitiri w'Abakozi ba Leta n'Umurimo Rwanyindo Kayirangwa Fanfan na Bwana GATARE Francis Umuyobozi Mukuru w’Ikigo Gishinzwe Mine, Peteroli na Gazi mu Rwanda akaba n’Umwe mu Bagize Guverinoma hamwe n'abandi bayobozi batandukanye mu Nzego za Leta, iz’Abikorera, Sendika z’Abakozi, abakozi bo mu nzego zitandukanye ndetse n’abaturage b’Akarere ka Rulindo bitabiriye ibirori byo kwizihiza umunsi mpuzamahanga wahariwe kurizikana ku buzima n’umutekano ku kazi.
Uyu munsi wizihirijwe ku rwego rw'Igihugu mu Karere ka Rulindo, Umuronge wa Shyorongi, Akagarai ka Bugaragara mu Kigo cy’Ubucukuzi bw’Amabuye y’agaciro cya Eurotrade International (ETI) Ltd Ku Nsanganyamatsiko igira iti "Ubuzima n’Umutekano ku kazi n’Ejo hazaza h’umurimo/Safety and Health and the Futre of Work".
Nyakubahwa Rwanyindo Kayirangwa Fanfan, Minisitiri w’abakozi ba Leta n’Umurimo wari Umushyitsi Mukuru muri ibi birori, yagaragaje ko ku byerekeye ibyago bikomoka ku kazi, icyegeranyo giheruka gukorwa kereye ishusho y’Igihugu ku buzima n’umutekano ku kazi (Occupational Safety and Health Country Profile) cyagaragaje ko imirimo y’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro na kariyeri iri ku isonga mu bijyanye n’ibyago bikomoka ku kazi.
Yagize ati: “Mu mwaka wa 2017/2018, abakozi bagera kuri 80 bahitanywe n’impanuka zikomoka ku kazi mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro. Ubuzima buhatakarira ni imbaraga tuba tubuze. Imiryango itakaza abayo muri izo mpanuka isigarana ibibazo bikomeye byo kubura ababo bayifashaga mu kubaho. Niyo hatangwa indishyi, ntacyasimbura ubuzima buba bwatakaye”.
Mu mpamvu nyamukuru zitera izi mpanuka iza ku isonga ni ukugwirwa n’imisozi. Indi mpamvu itera impanuka mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro ni amazi y’umuvu cyangwa y’imvura ndetse n’ibikorwa by’ubucukuzi butemewe.
Minisitiri Rwanyindo yibukike Abakoresha mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro na kariyeri ko kwirinda impanuka bishoboka abasaba gufata ingamba zikurikira: gukora isuzuma ryerekeye imiterere y’ubutaka kugira ngo hamenyekane uburyo bwo gucukura bugomba gukoreshwa ndetse n’uburyo bwo kwirinda; gukora buri munsi mbere yo gutangira akazi isuzuma ry’ibishobora gutera abakozi ibyago; gutunganya za mine ku buryo abakozi babona urumuri, umwuka n’uburyo bwabafasha gusohoka igihe habaye ibyago; gushyira urumuri muri za mine; guhugura abakozi ku byerekeye uburyo bwo kwirinda impanuka n’indwara bikomoka ku kazi no guteganyiriza abakozi ku byerekeye ibyago bikomoka ku kazi buri mukozi agateganyirizwa ku giti cye.
Minisitiri Rwanyindo yakanguriye kandi Abakozi n’Abakoresha kwitabira Gahunda zigamije kwisuzumisha indwara zinyuranye zirimo n’izitandura no kuzirikana akamaro ka siporo mu kazi kuko nayo ituma Abakozi bagira ubuzima bwiza.
Topics
On Thursday 18 September 2025, Hon. Minister of Public Service & Labour Amb. Christine Nkulikiyinka received Mr. Mejia Alex, Director of the Division…
Mu nama Nyunguranabitekerezo zabaye kuri uyu wa gatanu tariki 30/5/2025, mu ntara zose z’igihugu n’Umujyi wa Kigali zitabiriwe n’abasaga 2,000,…
On Monday 19 May 2025, Hon. Minister Christine Nkulikiyinka participated in the 20th International Labour Organization Regional Conference, currently…
1 May 2025 marked International Labour Day with a high-level event at Serena Hotel in Kigali, where the Ministry of Public Service and Labour and…
Kuri uyu wa mbere abasaga 500 biganjemo abayobozi muri za Minisiteri, ibigo bya Leta, Abikorera, abayobozi ba sendika n' abakora mu bucukuzi…
Kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 11 Mata 2025 Minisitiri w'Abakozi ba Leta n'Umurimo Amb. Christine Nkulikiyinka ari kumwe n’abandi bayobozi bifatanyije…
Kigali, 21 February 2025
The Ministry of Public Service and Labour (MIFOTRA), in collaboration with its partners, launched the Child Labour Case…
Today, the Ministry of Youth and Arts (MOYA) and the Ministry of Public Service and Labour (MIFOTRA), in partnership with UNDP, awarded 260 young…
A 2-day workshop for the Global Accelerator initiative kicked off today in Nyamata, Bugesera, jointly organized by the International Labour…