Mu rwego rwo gukomeza guhangana n’ingaruka za COVID-19, abakoresha n’abakozi barashishikarizwa gukora mu buryo budasanzwe
Ku wa Gatanu, tariki ya 26 Kamena 2020, Madamu RWANYINDO KAYIRANGWA Fanfan, Minisitiri w’Abakozi ba Leta n’Umurimo yayoboye Inama Nyunguranabitekerezo ku Iyubahirizwa ry’Amategeko Agenga Umurimo mu Rwanda ku rwego rw’ Intara y’Amajyaruguru. Ni inama yabaye hifashishijwe ikoranabuhanga (Virtual Meeting).
Atangiza iyi nama ku mugaragaro, Madamu Rwanyindo yashimiye abakoresha bakoze uko bashoboye bagakomeza kubahiriza amasezerano bagiranye n’abakozi muri iki gihe cyo kurwanya ikwirakwira ry’icyorezo cya koronavirusi (COVID-19). Yashimiye kandi abakoresha bakomeje kugirana n’abakozi ibiganiro mu rwego rwo guteza imbere umurimo.
Mu byaganiriweho muri iyi nama, harimo ingingo zinyuranye z’ Itegeko N0 66/2018 ryo ku wa 30/08/2018 rigenga Umurimo mu Rwanda mu rwego rwo kurushaho kuzumvikanisha, gushyira imbaraga ku bijyanye n’ubuzima n’umutekano ku kazi, hubahirizwa amabwiriza ya Leta ajyanye no kwirinda icyorezo cya koronavirusi (Covid-19), guhembera abakozi kuri banki, gutanga amasezerano y’akazi, gushyiraho amategeko ngengamikorere y’ikigo binyuze mu bwumvikane hagati y’umukozi n’umukoresha, gukemura impaka binyuze mu buryo bw’ibiganiro (social dialogue), gukumira imirimo mibi ikoreshwa abana, kwishyura imishahara y’abakozi kuri ba rwiyemezamirimo baba batsindiye amasoko, n’ibindi.
Asoza iyi nama, Minisitiri Rwanyindo yasabye abakoresha gukomeza guteza imbere umurimo mu Rwanda muri ibi bihe duhanganye n’icyorezo cya Covid-19 hubahirizwa itegeko ry’umurimo, hibandwa ku buzima n’umutekano mu kazi, ndetse hanakoreshwa uburyo bw’ibiganiro mu gukemura ibibazo byavuka mu rwego rw’umurimo hagati y’abakozi n’abakoresha.
Yagize ati: “Nk’uko turi mu bihe bidasanzwe, turashishikariza abakozi n’abakoresha gukora mu buryo budasanzwe mu rwego rwo guhangana n’ingaruka za Covid-19”.
Buri mwaka w’ingengo y’imari, Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo, ku bufatanye n’Abafatanyabikorwa batandukanye itegura inama nyunguranabitekerezo ku rwego rwa buri Ntara n’Umujyi wa Kigali, mu rwego rwo kurushaho gufatira hamwe ingamba zo kunoza umurimo.
Topics
On Thursday 18 September 2025, Hon. Minister of Public Service & Labour Amb. Christine Nkulikiyinka received Mr. Mejia Alex, Director of the Division…
Mu nama Nyunguranabitekerezo zabaye kuri uyu wa gatanu tariki 30/5/2025, mu ntara zose z’igihugu n’Umujyi wa Kigali zitabiriwe n’abasaga 2,000,…
On Monday 19 May 2025, Hon. Minister Christine Nkulikiyinka participated in the 20th International Labour Organization Regional Conference, currently…
1 May 2025 marked International Labour Day with a high-level event at Serena Hotel in Kigali, where the Ministry of Public Service and Labour and…
Kuri uyu wa mbere abasaga 500 biganjemo abayobozi muri za Minisiteri, ibigo bya Leta, Abikorera, abayobozi ba sendika n' abakora mu bucukuzi…
Kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 11 Mata 2025 Minisitiri w'Abakozi ba Leta n'Umurimo Amb. Christine Nkulikiyinka ari kumwe n’abandi bayobozi bifatanyije…
Kigali, 21 February 2025
The Ministry of Public Service and Labour (MIFOTRA), in collaboration with its partners, launched the Child Labour Case…
Today, the Ministry of Youth and Arts (MOYA) and the Ministry of Public Service and Labour (MIFOTRA), in partnership with UNDP, awarded 260 young…
A 2-day workshop for the Global Accelerator initiative kicked off today in Nyamata, Bugesera, jointly organized by the International Labour…