Urubyiruko 600 rwiga ubuhinzi n’ubworozi no gutunganya ibikomoka ku musaruro rwashishikarijwe kwihangira imirimo hakiri kare
Urubyiruko rugera kuri 600 rwiganjemo abiga ubuhinzi n’ubworozi no gutunganya ibikomoka ku musaruro muri kaminuza y’u Rwanda Koleji y’ubuhinzi n’ubworozi @UR_CAVM beretswe amahirwe babyaza umusaruro bakihangira imirimo hakiri kare.
MIFOTRA na @USAIDHanga akazi, nibo bateguye iki gikorwa, cyo guhuza urubyiruko rukiri muri za kaminuza na ba rwiyemezamirimo bamaze kugira ibikorwa byihariye mu bijyanye n’ubuhinzi n’ubworozi, kugira ngo babasangize ubuhamya n’inzira zabageza ku mahirwe yo kwihangira imirimo.
Sakinah Usengimana ni rwiyemezamirimo w’urubyiruko wihangiye umurimo, yatanze ubuhamya avuga ko yakoraga muri hoteli i Kigali, aza kugira igitekerezo cyo kwihangira umurimo. Yagize igitekerezo cyo gucuruza urusenda na avoka. Umushinga yawugejeje kuri MINAGRI bashima umushinga we bamufasha kubona igishoro.
Mu gihe cy’imyaka 2 ubu amaze kugira abakozi 15, ubucuruzi bwe bushingiye ku kugura umusaruro w’abahinze urusenda na avoka, maze akabyohereza mu bihugu by’amahanga.
Umwe mu banyeshuri bitabiriye ibi biganiro yagize ati "Nyuma yo kutubwira amahirwe ari hano hanze mu ihangwa ry’imirimo, ngiye gushaka igitekerezo, nzakigeze ku bajyanama mu by'ishoramari Leta yashyize mu mirenge yose, bamfashe kunoza umushinga maze banangire inama n’aho nawushakira igishoro"
Umukozi wa MINAGRI, Matilde Mukasekuru nawe yababwiye ko ubuhinzi bw’imboga ari bwo bwatumye abona amafaranga akabasha kwishyura icyikiro cya kabiri cya kaminuza (masters), bityo ashishikariza abari kwiga ubuhinzi n’ubworozi ko bakwiye gutangira imishinga miti mito ari nayo izabageza ku bindi binini.
Iyi gahunda igamije gukangura abanyeshuri bo muri za kaminuza, bagatangira gutekereza ejo hazaza, bakamenya amahirwe ahari n’uko batangira kuyabyaza umusaruro. Bigatuma babasha kwihangira imirimo . Nkuko byagarutsweho na Dr Manzi, umuyobozi wungirize wa RTI Hanga akazi
Abatanze ibiganiro nk’uhagarariye BDF, Monique Umugwaneza, yagiriye inama abanyeshuri biga iby’ubuhinzi n’ubwororzi gutangira kwizigamira kuri buruse, kugira igitekerezo cy’umushinga wabyara inyungu, no kubereka aho uwo mushinga bawujyana ugahabwa igishoro hakoreshejwe ingwate ya BDF.
Hari n’andi mahirwe babwiwe ashingiye ku kwimenyereza umurimo, ari nabyo byihutisha kubona akazi no kukihangira.




Topics
On Thursday 18 September 2025, Hon. Minister of Public Service & Labour Amb. Christine Nkulikiyinka received Mr. Mejia Alex, Director of the Division…
Mu nama Nyunguranabitekerezo zabaye kuri uyu wa gatanu tariki 30/5/2025, mu ntara zose z’igihugu n’Umujyi wa Kigali zitabiriwe n’abasaga 2,000,…
On Monday 19 May 2025, Hon. Minister Christine Nkulikiyinka participated in the 20th International Labour Organization Regional Conference, currently…
1 May 2025 marked International Labour Day with a high-level event at Serena Hotel in Kigali, where the Ministry of Public Service and Labour and…
Kuri uyu wa mbere abasaga 500 biganjemo abayobozi muri za Minisiteri, ibigo bya Leta, Abikorera, abayobozi ba sendika n' abakora mu bucukuzi…
Kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 11 Mata 2025 Minisitiri w'Abakozi ba Leta n'Umurimo Amb. Christine Nkulikiyinka ari kumwe n’abandi bayobozi bifatanyije…
Kigali, 21 February 2025
The Ministry of Public Service and Labour (MIFOTRA), in collaboration with its partners, launched the Child Labour Case…
Today, the Ministry of Youth and Arts (MOYA) and the Ministry of Public Service and Labour (MIFOTRA), in partnership with UNDP, awarded 260 young…
A 2-day workshop for the Global Accelerator initiative kicked off today in Nyamata, Bugesera, jointly organized by the International Labour…