Urubyiruko rurakangurirwa gukura amaboko mu mufuka, guhanga udushya, kwigirira icyizere no kongera ubumenyi kugira ngo rube ibisubizo ku isoko ry’umurimo.
Kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 3 Ukuboza 2019, mu cyahoze ari Camp Kigali habereye igikorwa cyo guhuza abashaka akazi n’ibigo bitandukanye bigatanga cyiswe Job Net Event cyabaye ku nshuro ya karindwi kikaba cyarateguwe n’Umujyi wa Kigali ubinyujije mu Kigo gishinzwe guhuza abashaka akazi n’abagatanga (Kigali Employment Service Center).
Bwana Mutuyimana Alphonse Marie Claude, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umujyi wa Kigali avuga ko Umujyi wa Kigali washyizeho ikigo cyitwa Kigali Employment Service Center kugira ngo kirebe ubumenyi bukenewe ku isoko ry’umurimo, gifatanyije n’izindi nzego cyane cyane nka RDB na MIFOTRA, hanyuma kirebe ndetse n’amahirwe ahari ku isoko, gihuze amahirwe ahari n’ubumenyi urubyiruko rufite rusohoka mu mashuri atandukanye. Yavuze kandi ko iki gikorwa ngarukamwaka cyiswe Job Net kigamije kugabanya ubushomeri mu rubyiruko ku kigero cyo hejuru.
Afungura iki gikorwa ku mugaragaro, Bwana Mwambari Faustin, Umuyobozi w’Umurimo muri Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo, yashimiye Umujyi wa Kigali wateguye icyo gikorwa cyabereye urubyiruko igisubizo, ashimira kandi Abikorera, Abafatanyabikorwa n’Abakoresha muri rusange ku ruhare rwabo mu guteza imbere umurimo.
Mwambari yibukije urubyiruko ko hari gahunda nyinshi zirwongerera amahirwe. Yagize ati: “Ndagira ngo nibutse urubyiruko ko dufite gahunda zitandukanye zigamije kongerera amahirwe mwebwe urubyiruko kugira ngo mubone uko mujya ku isoko ry’umurimo. Dufite gahunda Yo kwimenyereza umurimo (Internship) ifashwa na RDB, aho abantu barangije kaminuza n’amashuri makuru bashobora kwiyandikisha bagafashwa kwigira ku murimo, abenshi babonye akazi. Hari gahunda nshya ihari ya Kora Portal ifasha guhuza urubyiruko n’abatanga akazi, bikorohereza abatanga akazi ndetse n’abagahabwa. Hari indi yitwa Net Kora Wigire, aho urubyiruko rubasha kubona ubumenyi bukenewe ku isoko ry’umurimo, bikanatuma bafashwa bagahabwa igishoro cyangwa ibikoresho bibafasha gutangira kwihangira imirimo. Izo gahunda zose Leta y’u Rwanda yazishyizeho kugira ngo urubyiruko rubashe kwihangira imirimo no kubona akazi”.
Mwambari kandi arashishikariza urubyiruko kubyaza umusaruro amahirwe Leta yabashyiriyeho mu rwego rwo kongera umusaruro binyuze mu guhanga udushya bityo rukubaka Igihu. Yagize ati: “Ndabakangurira rero guhanga udushya, gukura amaboko mu mifuka, kwigirira icyizere, no kugira ubumenyi bitewe n’ibikenewe ku soko ry’umurimo; ibyo bikazatuma muba ibisubizo aho kuba ibibazo ku isoko ry’umurimo.”
Yarangije ijambo rye ashishikariza abakoresha gukomeza gufasha urubyiruko cyane cyane binyuze muri gahunda yo kwigira ku murimo kuko uko barushaho kwiga binyuze ku murimo ni nako barushaho kubona ubumenyi busubiza ibibazo isoko ry’umurimo rifite. Akomeza abasaba gukomeza kubaka ubushobozi bw’urubyiruko kuko bizazamura umusaruro w’Igihugu.
Mu bigo byitabiriye iki gikorwa harimo Ikigo cy’Igihugu cy’Iterambere (RDB); Inama Nkuru y’Urubyiruko (National Youth Council), Dot.Rwanda, Beno Holdings, Bright Future Limited, n’ibindi bitandukanye.
Topics
On Thursday 18 September 2025, Hon. Minister of Public Service & Labour Amb. Christine Nkulikiyinka received Mr. Mejia Alex, Director of the Division…
Mu nama Nyunguranabitekerezo zabaye kuri uyu wa gatanu tariki 30/5/2025, mu ntara zose z’igihugu n’Umujyi wa Kigali zitabiriwe n’abasaga 2,000,…
On Monday 19 May 2025, Hon. Minister Christine Nkulikiyinka participated in the 20th International Labour Organization Regional Conference, currently…
1 May 2025 marked International Labour Day with a high-level event at Serena Hotel in Kigali, where the Ministry of Public Service and Labour and…
Kuri uyu wa mbere abasaga 500 biganjemo abayobozi muri za Minisiteri, ibigo bya Leta, Abikorera, abayobozi ba sendika n' abakora mu bucukuzi…
Kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 11 Mata 2025 Minisitiri w'Abakozi ba Leta n'Umurimo Amb. Christine Nkulikiyinka ari kumwe n’abandi bayobozi bifatanyije…
Kigali, 21 February 2025
The Ministry of Public Service and Labour (MIFOTRA), in collaboration with its partners, launched the Child Labour Case…
Today, the Ministry of Youth and Arts (MOYA) and the Ministry of Public Service and Labour (MIFOTRA), in partnership with UNDP, awarded 260 young…
A 2-day workshop for the Global Accelerator initiative kicked off today in Nyamata, Bugesera, jointly organized by the International Labour…